U Rwanda rwatangaje ko nta mudipolomate warwo witaba u Bubiligi

U Rwanda rwatangaje ko nta mudipolomate warwo witaba u Bubiligi

VERITE-NUE

JF-Expert Member
Joined
Jan 28, 2019
Posts
1,486
Reaction score
1,451
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko nta mudipolomate w’u Rwanda witaba Guverinoma y’u Bubiligi.

Guverinoma y’u Bubiligi yatangaje ko iteganya gutumiza Chargé d’affaires w’u Rwanda kugira ngo imumenyeshe ko abadipolomate barwo birukanywe i Bruxelles.
Iki cyemezo cyatangajwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Bubiligi, Maxime Prévot, nyuma y’aho u Rwanda rucanye umubano n’u Bubiligi kuri uyu wa 17 Werurwe 2025, rukanaha abadipolomate babwo amasaha 48 yo kuba bavuye i Kigali.
Minisitiri Prévot ati “U Bubiligi buzafata ingamba nk’izo: gutumiza Charge d’affaires w’u Rwanda, bivuze gutangaza ko abadipolomate b’u Rwanda birukanywe no guhagarika amasezerano ya Guverinoma zombi.”
Minisitiri Nduhungirehe yasubije Prévot ko icyemezo cy’u Rwanda cyo gucana umubano n’u Bubiligi cyagendanye no gufunga ako kanya Ambasade yarwo i Bruxelles no gucyura abadipolomate barwo, bagomba kugera i Kigali mu masaha 48.
Mu gihe Minisitiri Prévot ateganya gutumiza Chargé d’affaires w’u Rwanda, Minisitiri Nduhungirehe yagize ati “Ubwo, nta mudipolomate wacu uzitaba itumiza rya Leta y’u Bubiligi.”
Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, yasobanuye ko bisanzwe muri dipolomasi, ko iyo igihugu kimwe gifashe ingamba, ikindi na cyo kibigenza gityo, agaragaza ko n’abadipolomate b’u Rwanda bagomba gutaha.
Ati “Ni ukuvuga ngo Ambasade zirafunga, nta we uzongera kwaka Visa, ubwo ibyo birarangiye. Muri dipolomasi ni ko bigenda, icyo umwe agukoreye ni cyo undi agukorera, ubwo n’abakozi ba Ambasade y’u Rwanda, niba hari abari bakiriyo, ubwo na bo barabaha amasaha 48, batahe.”
Mukuralinda yasobanuye ko amashuri y’Ababiligi, ibikorwa by’ubucuruzi ndetse n’ibyo gutwara abantu bihuza Kigali na Bruxelles byo bizakomeza kugira ngo abo bigenewe batazabihomberamo.
Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye ko yafashe icyemezo cyo gucana umubano n’u Bubiligi kubera ko bukomeje umugambi wo kurutesha agaciro mu gihe rufitanye amakimbirane na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyamara bufite uruhare mu mateka mabi y’akarere.
Yasobanuye ko u Bubiligi bwahisemo gufata uruhande muri aya makimbirane, bukwirakwiza ibinyoma kugira ngo hafatwe ibyemezo bibangamiye u Rwanda, bigamije guhungabanya umutekano warwo n’akarere muri rusange.
 
Waziri wa Mambo ya Nje na Ushirikiano, Balozi Olivier Nduhungirehe ametangaza kuwa hakuna mwanadiplomasia wa Rwanda atakayehudhuria serikali ya Ubelgiji.

Serikali ya Ubelgiji imetangaza mipango ya kuitisha mkutano wa chargé d'affaires wa Rwanda ili kumfahamisha kuwa wanadiplomasia wake wamefukuzwa kutoka Brussels.
Uamuzi huo ulitangazwa na Waziri wa Mambo ya Nje wa Ubelgiji, Maxime Prévot, baada ya Rwanda kukata uhusiano na Ubelgiji Machi 17, 2025, na kuwapa wanadiplomasia wake masaa 48 kuondoka Kigali.
"Ubelgiji itachukua hatua kama hizo: kuitisha mkutano wa mashtaka ya Rwanda, ambayo inamaanisha kutangaza kwamba wanadiplomasia wa Rwanda wamefukuzwa na kusitisha makubaliano ya serikali zote mbili," Prévot alisema.
Waziri Nduhungirehe alimjibu Rais Nduhungirehe kwamba uamuzi wa Rwanda wa kukata uhusiano na Ubelgiji unahusiana na kufungwa mara moja kwa ubalozi wake mjini Brussels na kuwarudisha nyumbani wanadiplomasia wake, ambao lazima wawasili Kigali ndani ya saa 48.
Kama Waziri Mkuu




Mwingine aendelee kutafsiri
 
Waziri wa Mambo ya Nje na Ushirikiano, Balozi Olivier Nduhungirehe ametangaza kuwa hakuna mwanadiplomasia wa Rwanda atakayehudhuria serikali ya Ubelgiji.

Atakaeitikia wito wa uongozi wa Ubeljiji
 
Back
Top Bottom