UMUKANDANZUGI
Member
- Mar 18, 2026
- 47
- 0
Umurambo w’uwahoze ari umuhanzi ukomeye muri Uganda Prince Paul Kafeero, uzwi cyane nka Paulo Kafeero, wataburuwe kugira ngo hafatwe ibipimo bya gihanga bizwi nka ADN kugira ngo hakemurwe ibibazo by’abana basaga 20 bavuga ko ari abe.
Paul Kafeero yari umuhanzi ukomeye cyane mu njyana ya gakondo muri Uganda izwi ku izina rya ‘Kadongo Kamu muri Uganda’. Yakunzwe anamenyekana ku ndirimbo nka “Walumbe Zaaya,” “Dipo Naziggala,” “Muvubuka Munange,” “Singa Nalinze,” na “Dunia Weeraba.” zamugize icyamamare muri Uganda no mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba.
Biteganyijwe ko ibisubizo bya ADN bizagaragaza niba abavuga ko ari abana be koko bafite isano y’amaraso na Kafeero, bityo bemererwe kumenyekana nk’urubyaro rwe mu buryo bwemewe nyuma y’imyaka 19 uwo muhanzi yitabye Imana.
Paul Kafeero yari umuhanzi ukomeye cyane mu njyana ya gakondo muri Uganda izwi ku izina rya ‘Kadongo Kamu muri Uganda’. Yakunzwe anamenyekana ku ndirimbo nka “Walumbe Zaaya,” “Dipo Naziggala,” “Muvubuka Munange,” “Singa Nalinze,” na “Dunia Weeraba.” zamugize icyamamare muri Uganda no mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba.
Biteganyijwe ko ibisubizo bya ADN bizagaragaza niba abavuga ko ari abana be koko bafite isano y’amaraso na Kafeero, bityo bemererwe kumenyekana nk’urubyaro rwe mu buryo bwemewe nyuma y’imyaka 19 uwo muhanzi yitabye Imana.